Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yashyize hanze imyanzuro isubiza iy’iy’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi iherutse gusaba ko Paul Rusesabagina ahabwa uburenganzira. Umwe muri iyi myanzuro y’Inteko y’u Rwanda wibutsa iriya nteko ko kuba Umunyarwanda yagira ubwenegihugu bwa kimwe mu bihugu by’i Burayi bidakuraho ko akurikiranwa n’Inkiko zo mu Rwanda.
Ni imyanzuro iri kuri paje eshatu, igaragaza ibyo Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yagiye isuzuma birimo iby’uko iriya Nteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi yavuze ko Paul Rusesabagina yashimuswe.
Muri iyi myanzuro dufitiye Kopi twabageneye muza gusoma uko yakabaye, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda ivuga ko yababajwe no kubona Paul Rusesabagina afatwa nk’impirimbanyi y’Uburenganzira bwa Muntu kandi we ubwe yarigambye ibitero byagabwe mu Majyepfo y’u Rwanda ndetse bikanahitana bamwe mu Banyarwanda.
SOMA IMYANZURO YOSE HANO :
UKWEZI.RW